AMATEKA

Gasabo: Umuturage yatemye mugenzi we bapfa ubutaka

Mu Karere ka Gasabo umuturage yatemye mugenzi we bari bafitanye amakimbira ajyanye n’Ubutaka, aho uyu wakoze amahano yaje no kurwanya n’inzego z’umutekano bikarangira nabi.

Uyu muturage nyuma yo kurwanya inzego z’umutekano bikomeye zari zaje aho byabereye byarangiye zimurashe nawe arapfa.

Kuri uyu wa Gatanu ubwo mu Rwanda hatangiraga icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka, mu Mudugudu wa Nyamise, Akagari ka Kabaliza, mu Murenge wa Rutunga, mu Karere ka Gasabo, hari umuturage watemye mugenzi we.

Uyu muturage witwa Ntibiringirwa Eric w’imyaka 24 yishe uwitwa Izabayo Sylvestre w’imyaka 41 amutemesheje umuhoro, bikaba bivugwa ko byabaye ahagana Saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Bivugwa ko aba bombi bapfuye umurima w’ibijumba basangiye batumvikanagaho. Uriya Ntibiringirwa abaturage bamwirutseho ajya mu nzu arikingirana.

Amakuru DomaNews twamenye ni uko nyuma Polisi n’izindi nzego z’umutekano zageze aho byabereye zisanga Ntibiringirwa koko yishe Imanizabayo.

Inzego z’umutekano ngo zagiye kumusohora, asohoka ashaka kubatema, Polisi iramurasa ahita apfa.

Kenshi inzego z’ubuyobozi zikunze gusaba abaturage ko igihe bagiranye amakimbirane bajya begera ubuyobozi bukabafasha kuyakemura nta we wihitiyemo kubyikemurira.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago