MU MAHANGA

Hatangajwe amakuru mashya y’ubuzima bwa Jamie Fox warumaze igihe arembye

Umukobwa wa Jamie Foxx yatangaje amakuru ajyanye n’ubuzima bwa Se nyuma y’amakuru aherutse kuvugwa ko ubuzima bwe bukenye gufashwa.

Corinne Foxx, umukobwa w’icyamamare muri Hollywood, Jamie Foxx yatanze amakuru ku buzima bwe nyuma y’amakuru yatangajwe ku wa kane avuga ko umuryango w’uyu mukinnyi ‘witegura amakuru ataba meza’.

Ku wa gatanu, tariki ya 12 Gicurasi, Corinne, ufite imyaka 29, yanditse kuri konti ye ya Instagram yerekeye Jamie w’imyaka 55, aho yagize ati: “Amakuru agezweho mu muryango: Birababaje kubona uburyo itangazamakuru rikora mu kinyamwuga gike.”

Yagize ati “Papa wanjye amaze ibyumweru bitari bike avuye mu bitaro, yitaweho.”

Yongeyeho ati “Ikimenyimenyi, ku munsi wejo washize yakinnye n’umukino pickleball.”

Yashimiye abafana ku bw’amasengesho yabo n’inkunga yabo ngo icyamamare mu musici na filime abashe gukira.

Corinne yatangaje ibyo nyuma y’urubuga, Radar Online yavuze ko umuryango wa Jamie “witegura ikibi” nyuma y’ubwoba bwe bw’amayobera. Umunyamakuru Touré yanavuze mu nyandiko ya Instagram yamaze gusiba avuga ko uyu mukinnyi “yari mu buzima bukeneye ubufasha muri ICU.”

Aha ariko Carine yaciye amazimwe atangaza andi makuru avuga ko hari ibikorwa by’iki cyamamare biteganyijwe gushyirwa hanze mu cyumweru gitaha.

Jamie yari mu bitaro ku ya 11 Mata kubera ibyo Corinne yaramaze gutangaza avuga ko ari “ubuzima bwe bugomba kwitabwaho.”

Icyo gihe yasangiye ayo makuru kuri Instagram ati “Ku bw’amahirwe, kubera ibikorwa byihuse no kwitabwaho cyane, asanzwe ari mu nzira yo gukira.”

“Tuzi uburyo akunzwe kandi turashima ku bw’amasengesho yanyu. Umuryango urasaba ubuzima bwe kwitabwaho byihariye muri iki gihe.”

Corinne Foxx yatangaje ko Se ameze neza kuri ubu

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago