INKURU ZIDASANZWE

Nigeria: Umusore yishe Nyina amuziza kwanga kumuha asaga ibihumbi mirongo itanu y’u Rwanda

Umusore uzwi ku izina rya Owate Bode yishe Nyina umubyara amuziza kutamuha Naira ibihumbi 20 (amafranga akoreshwa mu gihugu cya Nigera) muri Leta ya Rivers.

Ayo mahano yabaye kuwa gatandatu tariki 13 Gicurasi, mu gace ka Aleto, mu mudugudu wa Eleme.

Amafaranga ibihumbi 20 by’amanaira ni ibihumbi 48,592.78 Frw ku ivunjisha mpuzamahanga. Ni amafaranga ibihumbi 50 Frw aburaho 1500 Frw.

Uyu mugabo yavuze ko yegereye Nyina amusaba N20.000 kugira ngo abashe kwitabira umuhango w’ishyingura mu gace batuyemo ariko ntahite abona igisubizo cya Mama we.

Yavuze ko Nyina yakuye kuri konti ye ibihumbi 20 by’amaNaira ariko ahabwa ibihumbi 10 byonyine ibintu yakomeje kwamaganira kure avuga ko adahagije.

Ibintu nubwo bitahise bimenyekana ako kanya ngo umuhungu yafashe isuka akubita Nyina mu mutwe, umutwe w’umubyeyi ngo wahise umeneka nuko atangirira kuviririna amaraso cyane kugeza apfuye.

Nyuma y’uko uketsweho icyaha yaje gutahurwa n’urubyiruko rwaho hafi maze rumushyikiriza polisi, mu gihe umurambo washyizwe mu ahagenewe imirambo yo muri ako gace kugira ngo ikorerwe isuzuma. 

Mu ibazwa, Bode wasaga nkuwicujije kuba yarishe nyina, yavuze ko ahungabanye mu mutwe. Yavuze ko yahisemo ‘kurangiza’ mama we kubera ko yanze kumuha amafaranga ye no kumutuka. Yakomeje avuga ko arambiwe kubaho kandi ko ashaka gupfa.

Umuvugizi w’ubuyobozi bwa polisi y’igihugu, SP Grace Iringe-Koko, wemeje ibyabaye yavuze ko uyu musore ari mu maboko ya polisi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago