Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis yongeye gusabira Sudan ikomeje kugarizwa n’intambara imaze kugwamo abantu batabarika n’abandi bakaba baramaze kuva mu byabo.
Imbere y’imbaga y’abari bitabiriye misa mu rubuga rwa mutagatifu Petero, Papa Francis yavuze ko ahamagariye umuryango mpuzamahanga gukora ibishoboka byose ngo ushyigikire imishyikirano muri iki gihugu kugira ngo umubabaro abantu bakomeje guhura na wo uhagarare.
Intambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa Rapid Support Forces uyirwanya imaze gusenya ibitari bike. Ku wa gatandatu impande zombi zasinyanye amasezerano yo guhagarika intambara mu gihe cy’iminsi irindwi uhereye kuri uyu wa mbere. Papa Franciso yasabye abantu kutamenyera intambara yongera gusaba ko abantu bo muri Ukraine bakomeza gutabarwa.
Papa yasabye Karidinali Matteo Zuppi, ukuriye inama y’abasenyeri mu Butaliyani gutangiza gahunda y’amahoro yo gufasha kurangiza intambara muri Ukraine.
ku wa gatandatu w’iki cyumweru dusoje umwe mu bakora mu byerekeye diplomasi muri Vatikani yatangaje ko Zuppi ahita abonana na Perezida Volodymyr Zelenskiy wa Ukraine na Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…