INKURU ZIDASANZWE

Amerika yasabye Perezida Tshisekedi guhana abapolisi baherutse kugaragara bakubita abaturage

Umunyamabanga wa Leta ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Antony Blinken mu ikiganiro cyo kuri telephone yagiranye na Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yamusabye gufatira ibihano bamwe mu ba Polisi bagaragaye bagirira nabi abaturage n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC.

Antony Blinken, yabwiye Perezida Felix Tshisekedi, ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zitashimishijwe n’imyitwarire ya Polisi ya DR Congo mu kwibasira no guhutaza abatavuga rumwe n’Ubutegetsi, ubwo bari mu myigagarambyo yabaye kuwa gatandatu w’icyumweru gishize mu murwa mukuru i Kinshasa.

Nyuma y’ikiganiro, Ibiro bikuru by’Ubunyamabanga bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bushinzwe ububanyi n’amahanga, bwatangaje ko mu by’ingenzi Antony Blinken yaganiriye na Perezida Tshisekdi, harimo gusaba Ubutegetsi bwa DR Congo, kubahiriza amahame ya Demokarasi nyuma yaho Polisi ya DR Congo, iheruka kwibasira Abatavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

Anthony Blink, yibukije Perezida Felix Tshisekedi, ko Abanye congo bafite uburengenzira bwo kugaragaza ibitekerezo byabo n’ibibashishikaje muri politiki n’imiyoborere ya DR Congo.

Ati: “Ubwo ni uburengenzira bw’ibanze bw’Abanye congo kandi ni ishingiro rya Demokarasi. Dushigikiye Uburenganzira bw’Abaturage ba DR Congo mu kugaragaza ibibashishikaje n’ ibitekerezo byabo ku miyoborere na Politiki ya DR Congo binyuze mu myigaragambyo ituje.”

Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, yakomeje avuga ko, igihugu cye (USA) gifite ubushake bwo gushyigikira no gutera inkunga amatara atarimo uburiganya ateganyijwe muri DR Congo mu mpera z’uyu mwaka wa 2023.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago