INKURU ZIDASANZWE

Amashusho ya Perezida wa Amerika Joe Biden yitura hasi akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga

Perezida wa Amerika Joe Biden w’imyaka 80 y’amavuko yituye hasi ubwo yari mu muhango wo gushimira abarangije amasomo y’igisirikare kirwanira mu kirere.

Amashusho ye asa n’usitara akomeje kugarukwaho na benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga kuko benshi batunguwe no kubona umukuru w’Igihugu gikomeye nka Amerika yitura hasi kandi akenshi aba yateguriwe aho ari.

Umuhango wo gushimira abarangije amasomo y’igisirikare kirwanira mu kirere wabaye kuri uyu wa Kane tariki 1 Kamena 2023, muri leta ya Colorado ubwo yaramaze gushimira abo banyeshuri bagera kuri 921 no kugeza ijambo kubari bateraniye aho. 

Biden yaramaz umwanaya munini atembera muri abo banyeshuri ndetse ari nako abakora mu kiganza.

Gusa ubwo yaramaze gusoza icyo gikorwa nibwo Biden yahise atera intambwe nkugiye kwicara ahita asitara agwa hasi gusa abashinzwe umutekano we bahise bahagoboka baramuhagurutsa.

Nyuma gusa akimara kwicara byagaragaye ko ntakibazo yagize.

Yaje kwicara ubona ntakibazo afite

Umuyobozi ushinzwe Itumanaho muri White House, Ben LaBolt abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yasobanuye ko habayeho amakosa y’urubyuniro rwari ruriho umukuru w’Igihugu kuko hariho igisa n’umusenyi watumye anyerera.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

6 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

7 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago