Mutezintare Gisimba Damas wamenyekanye cyane kubera ibikorwa yakoze byo kurokora Abatutsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hamenyekanye igihe azashyingurirwaho.
Uyu mugabo wafatwaga nk’intwari ikomeye kubera uburyo yabaye Se w’imfubyi nyinshi aherutse gutabaruka azize indwara ku myaka 62 y’amavuko.
Abagize umuryango we batangaje ko Mutezintare Gisimba Damas umuhango wo kumushyingura uzaba kuwa gatandatu tariki 10 Kamena 2023 i Rusororo.
Gisimba yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali aho yaramaze iminsi arwariye.
Gisimba azibukirwa ku bikorwa by’indashyikirwa yakoze byo kuba yarashinze ikigo cyo kwita ku mfubyi yise ‘Centre Memorial Gisimba’.
Yagizwe umurinzi w’igihango nyuma yuko yari yararokoye abatutsi basaga 400 yahungishije muri icyo kigo cyiwe cya ‘Centre Memorial Gisimba’ mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu 1994.
Yitabye Imana kuwa 4 Kamena 2023, asize abana 4 n’umugore.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…