IMIDERI

Nyuma y’igihe Yolo The Queen avugwa mu rukundo na Harmonize, yabyigaramye

Nyuma y’inkuru nyinshi zagiye zicicikana hirya no hino mu binyamakuru, bivuga ko Yolo The Queen ari mu rukundo n’umuhanzi Harmonize, uyu mukobwa mu butumwa yasangije abamukurira ku mbuga nkoranyambaga yemeje atari mu rukundo.

Uyu mukobwa usanzwe ufite umwana akaba umwe mu bakurura benshi ku mbuga nkoranyambaga kubera ikimero cye cyahogoje benshi cyane cyane ku rubuga rwa Instagram yavuze ko nta mukunzi afite kuri ubu.

Ibi abivuze nyuma y’iminsi umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania Harmonize amaze igihe yigamba avuga ko yamaze kwegukana iki kizungerezi cyasamishije benshi mu byamamare ku Isi.

Imiterere n’ikimero cye gikurura benshi ku mbuga nkoranyambaga

Ni ubutumwa bwa Yolo The Queen yasubizaga uwmuntu wari umwandikiye mu butumwa bwihariye (inbox) ku rubuga rwa Instagram amubwiye ko umufite rwose yahiriwe, Yolo The Queen nawe mu kumusubiza yahise amubwira ahubwo ko bibaje kuko nta mukunzi afite.

Ubwo butumwa bwaguraga buti “Uwo musore uri gukundana nawe, yarahiriwe, Yolo The Queen nawe amusubiza agira ati “Nta mukunzi mfite nicyo kibabaje.”

Yolo The Queen ahakanye amakuru yo kugira umukunzi nyamara hari hamaze iminsi havugwa amakuru y’urukundo rwe n’umuhanzi Harmonize ngo uherutse ku mubenguka ubwo yazaga kugura inzu mu Rwanda agashiturwa n’ikimero cy’uyu mukobwa.

Kuva icyo batangiye kujya bavugana ndetse bombi batangira no kubishyira ku karubanda, aho bombi bari basigaye baganirira ku rubuga rwa Instagram Live abakunzi babo babakurikira, ibyo bavuga byose.

Harmonize yagaragaje ko yari yihebeye Yolo The Queen

Aha niho humvikanye umuhanzi Harmonize abwira uyu mukobwa ko amukunda, ndetse anabishimingira mu ndirimbo ‘Zanzibar’ yakoranye na Bruce Melodie.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago