MU MAHANGA

Umugabo uri kugerageza kwiruka Afurika yose yageze muri Angola acucurwa ibye

Uyu mugabo w’imyaka 26 yavuze ko we n’ikipe ye ubwo bageraga mu gihugu cya Angola kuwa gatandatu bambuwe n’abantu ibikoresho bari bafite birimo za camera, telephone, na pasiporo zabo.

Russell Cook w’i West Sussex mu Bwongereza ushaka gukora amateka yo kugerageza kwiruka Afurika yose arimo ngo kugerageza kwiruka 50km buri munsi.

Ati: “Impamvu imwe nshaka kwiruka uburebure bwa Afurika ni uko nta wundi muntu wigeze ubikora mbere”.

Uku kwiyemeza gukomeye yagutangiriye tariki 22 Mata(4) ku mpera y’epfo cyane muri Afurika y’Epfo kandi arateganya gusoreza ku mpera ya ruguru cyane muri Tunisia.

Cook arateganya kwiruka kilometero 14,500 mu mezi umunani, akambuka imipaka 16, agaca mu mijyi, amashyamba, n’inzira yo mu butayu bwa Sahara azirukamo amezi atatu.

Ku munsi wa 64, ikipe ye yasagariwe n’abagabo babiri bitwaje intwaro babatse “ibintu byose”, nk’uko Cook abivuga.

Ati: “Icya mbere cy’ingenzi, turashima ko twabashije kuhava turi bazima.

“Twatakaje ibintu by’agaciro kandi ni ikibazo kuri twe, ariko tuzahatanira gukomeza ibi tubirangize.”

Cook avuga ko yiyemeje ko ubwo bujura butazahagarika umugambi we cyangwa ngo bwangize isura ya Angola.

Mbere yo gutangira ibi yiyemeje, Cook avuga ko yabanje kuba mu bibazo byo mu mutwe, urusimbi, n’ubusinzi, ariko ko uru rugendo ruzamufasha kurenga burundu ibyo byose no kubibona nk’amateka.

Uyu mugabo kandi arimo kwiruka kugira ngo afashe ibigo bifasha bya The Running Charity na Water Aid.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago