Igihugu cya Bahamas cy’izihije yubile y’imyaka 50 kibonye ubwigenge, aho umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye uwo muhango.
Mu birori by’umusangiro byabaye ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 7 Nyakanga 2023, byitabiriwe n’abayobozi batandukanye muri iki gihugu kibarizwa muri birwa bya Karayibe, aho bakiriewe kumeza nk’uko bisanzwe bikorwa mu guha icyubahiro abakuru b’ibihugu.
Kuri uwo mugoroba Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu cya Bahamas Philip Davis warikumwe n’umugore we Madamu Anne Marie Davis mu birori byabereye i Nassau.
Yubile y’Ubwigenge ubusanzwe yizihizwa tariki 10 Nyakanga, ahateganyijwe kubera ibirori bikomeye muri icyo gihugu cyabonye ubwigenge nyuma yo kwigobotora ingoma y’Abongereza mu 1973 aho cyitwaga mbere Baha Mar.
Muri ibi birori byo kwizihiza Yubile y’imyaka 50 y’Ubwigenge byitabiriwe n’umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland.
Perezida Kagame amaze iminsi mu ruzinduko mu bihugu bya Karayibe, aho aheruka kwitabira inama ya 45 y’abakuru b’ibihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu byo muri Karayibe (Caribbean), umuryango uzwi nka CARICOM.
Igihugu cya Bahamas kibarizwa mu muryango wa Commonwealth, uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…