IMYIDAGADURO

Diamond Platnumz yagaragaje ko yiteguye kubyara umwana wa 5

Umuhanzi ukomoka muri Tanzaniya akaba n’umuyobozi mukuru wa Wasafi, Diamond Platnumz, aherutse gutangaza ko yitegura umwana we wa gatanu.

Ku wa gatatu, ubwo yabinyuzaga ku rubuga rwa Instagram, Diamond yatangaje ko azasohora umuziki mu 2023 kugeza muri Mutarama umwaka utaha, mbere yuko mugenzi we bakorana ngo yibaruka.

N’ubwo Diamond ateruye amazina yuzamubyarira, benshi mu bakunzi be bakurikiranira hafi amakuru ye bavuga ko bafite ibimenyetso by’uko yaba ari umuhanzikazi Zuchu.

Diamond yagize ati: “Icyo navuga, nibwo dutangiye, ni ukuvuga ko abafana banjye barimo kwishimira ko kuva muri Nyakanga kugeza muri Mutarama umwaka utaha 2024, ubwo umukunzi azaba yitegura kwibaruka.”

Urukundo rwa Diamond Platnumz na Zuchu

Umubano wihariye wa Diamond Platnumz na Zuchu wagiye wibazwaho kenshi ari nako uzana impaka nyinshi mu bihe byashize.

Izi mpaka zagiye ziterwa nibyo bombi babaga batangaje mbere, aho bagenda bavuga ko nta rukundo ruri hagati yabo ahubwo ko bimereye nk’abavandimwe.

Ariko n’ubwo babivuga gutyo, kurundi ruhande abafana ba Diamond Platnumz bakurikije ibyo yaramaze gutangaza babona ko uwo mwana utegerejwe kuvuka ashobora kuzabyarwa na Zuchu.

Uyu muhanzi afite abana babiri yabyaranye n’uwahoze ari umukunzi we, Zari Hassan, ari bo Princess Tiffah na Prince Nillan, ubu babana na Nyina wabo muri Afurika y’Epfo.

Afite kandi umwana w’umuhungu yabyaranye n’umunyamideli wo muri Tanzaniya Hamisa Mobetto n’undi muhungu yibarukanye n’umuririmbyi wo muri Kenya Tanasha Donna.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Diamond yagaragaje ko yifuza kwagura umuryango we, avuga ko igihe gikwiriye kigeze cyo kwakira undi mwana.

Ni ikifuzo ubona ko Diamond Platnumz gishobora kuzamuhira vuba bitarenze mu ntangiriro z’umwaka 2024.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago