Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu kwitegura shampiyona y’umwaka utaha yasinyishije umukinnyi w’Umurundi Moussa Aruna n’Umugande Charles Baale.
Uyu mukinnyi wahawe akazina ka Cobra yasinyiye ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’amasezerano y’imyaka ibiri.
Moussa Aruna ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe y’igihugu y’u Burundi wanabashije kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka 2022/203.
Moussa usanzwe akina hagati yakiniraga ikipe ya BUMAMURU yanegukanye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize.
Ikipe ya Rayon Sports yakunze guhirwa no guhahira i Burundi, aho twavugamo nk’abakinnyi nka Kwizera Pierrot, Karim Nizigiyimana Mackenzie, Cédric Amissi, Shaban Hussein Tchabalala, Bimenyimana Bon Fils Caleb, Nahimana Shassir n’abandi.
Nyuma yo gusinyisha uyu munyamahanga w’Umurundi, iy’ikipe kandi yahise ivuga ko yamaze kwibikaho rutahizamu w’Umugande Charles Baale ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Uyu rutahizamu wabiciye mu gihugu cya Uganda yakiniraga ikipe ya Villa Sports Club, akaba yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…