IMIKINO

Rayon Sports yerekeje amaso i Burundi na Uganda ikurayo ibikomerezwa

Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu kwitegura shampiyona y’umwaka utaha yasinyishije umukinnyi w’Umurundi Moussa Aruna n’Umugande Charles Baale.

Advertisements

Uyu mukinnyi wahawe akazina ka Cobra yasinyiye ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’amasezerano y’imyaka ibiri.

Moussa Aruna ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe y’igihugu y’u Burundi wanabashije kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka 2022/203.

Moussa usanzwe akina hagati yakiniraga ikipe ya BUMAMURU yanegukanye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize.

Ikipe ya Rayon Sports yakunze guhirwa no guhahira i Burundi, aho twavugamo nk’abakinnyi nka Kwizera Pierrot, Karim Nizigiyimana Mackenzie, Cédric Amissi, Shaban Hussein Tchabalala, Bimenyimana Bon Fils Caleb, Nahimana Shassir n’abandi.

Nyuma yo gusinyisha uyu munyamahanga w’Umurundi, iy’ikipe kandi yahise ivuga ko yamaze kwibikaho rutahizamu w’Umugande Charles Baale ukomoka mu gihugu cya Uganda.

Uyu rutahizamu wabiciye mu gihugu cya Uganda yakiniraga ikipe ya Villa Sports Club, akaba yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports.

Charles Baale yabaye umukinnyi wa Rayon Sports

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago