Rayon Sports ikomeje kwiyubaka mu kwitegura shampiyona y’umwaka utaha yasinyishije umukinnyi w’Umurundi Moussa Aruna n’Umugande Charles Baale.
Uyu mukinnyi wahawe akazina ka Cobra yasinyiye ikipe ya Rayon Sports mu gihe cy’amasezerano y’imyaka ibiri.
Moussa Aruna ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe y’igihugu y’u Burundi wanabashije kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka 2022/203.
Moussa usanzwe akina hagati yakiniraga ikipe ya BUMAMURU yanegukanye igikombe cya shampiyona y’umwaka ushize.
Ikipe ya Rayon Sports yakunze guhirwa no guhahira i Burundi, aho twavugamo nk’abakinnyi nka Kwizera Pierrot, Karim Nizigiyimana Mackenzie, Cédric Amissi, Shaban Hussein Tchabalala, Bimenyimana Bon Fils Caleb, Nahimana Shassir n’abandi.
Nyuma yo gusinyisha uyu munyamahanga w’Umurundi, iy’ikipe kandi yahise ivuga ko yamaze kwibikaho rutahizamu w’Umugande Charles Baale ukomoka mu gihugu cya Uganda.
Uyu rutahizamu wabiciye mu gihugu cya Uganda yakiniraga ikipe ya Villa Sports Club, akaba yasinye imyaka ibiri muri Rayon Sports.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…