Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mugihe cya vuba u Rwanda rugiye gufungura Ambasade i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.
Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga Perezida w’igihugu cya Hongiriya Madamu Katalin Novák uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Perezida Kagame avuga ko biri mu buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi by’umwihariko mubya politike.
Perezida wa Hongiriya Katalin Novák ari mu Rwanda kuva tariki 14 Nyakanga, aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore (WD2023) iri kubera i Kigali.
Nyuma yo kumwakira muri Village Urugwiro abakuru b’ibihugu bagiranye ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi mu bihugu byombi. Ni ibiganiro byibanze ku gukomeza umubano hagati y’ibi bihugu.
Katalin Novàk ni we Muperezida wa mbere w’Umugore watorewe kuyobora Hongiriya, akaba ari na we Mukuru w’icyo gihugu wa mbere usuye u Rwanda.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…