POLITIKE

Hagiye gufungurwa Ambasade muri Hongiriya-Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko mugihe cya vuba u Rwanda rugiye gufungura Ambasade i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.

Advertisements

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga Perezida w’igihugu cya Hongiriya Madamu Katalin Novák uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko biri mu buryo bwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi by’umwihariko mubya politike.

Perezida wa Hongiriya Katalin Novák ari mu Rwanda kuva tariki 14 Nyakanga, aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore (WD2023) iri kubera i Kigali.

Perezida wa Hongiriya Madamu Katalin Novák yakiriwe muri Village Urugwiro na Perezida Kagame

Nyuma yo kumwakira muri Village Urugwiro abakuru b’ibihugu bagiranye ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi mu bihugu byombi. Ni ibiganiro byibanze ku gukomeza umubano hagati y’ibi bihugu.

Katalin Novàk ni we Muperezida wa mbere w’Umugore watorewe kuyobora Hongiriya, akaba ari na we Mukuru w’icyo gihugu wa mbere usuye u Rwanda.

Katalin Novák yakorewe ibirori byo kwakirwa nk’abayobozi bakuru b’ibihugu
Katalin Novák ari mu Rwanda n’itsinda ayoboye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago