Perezida w’igihugu cya Senegal Macky Sall yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umukuru w’igihugu cya Senegal yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, aho yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Vincent Biruta.
Byitezwe ko muri uru ruzinduko Makcy Sall azanitabira ibikorwa bitandukanye birimo n’inama mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore, kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanga 2023, mu nama izabera muri Bk Arena.
Muri iy’inama kandi yitezwe ko izitabirwa n’abandi bakuru b’ibihugu naza Guverinoma n’abahagarariye ibihugu byabo.
Inama Mpuzamahanga y’umuryango uharanira iterambere ry’Abagore igiye kubera i Kigali ni ubwa mbere by’umwihariko ibereye ku mugabane w’Afurika.
Perezida w’igihugu cya Senegal Macky Sall agiriye uruzinduko mu Rwanda nyuma ya mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame yahagiriye mu minsi yashize mu ruzinduko rwari rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi usanzwe ufitanye.
Macky Sall kandi aherutse gutangaza ko atazongera kwiyamamariza kuyobora igihugu cya Senegal mu matora ateganyijwe kuba muri Gashyantare umwaka wa 2024.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…