RWANDA

Rayon Sports yifuza gukomera yasabye abafana kwishyurira umukinnyi w’umunyamahanga

Ikipe ya Rayon Sports ishaka gukomeza gukomera muri shampiyona y’u Rwanda yasabye abafana bayo gutanga umusanzu kugira ngo yibikeho umukinnyi w’umunyamahanga Joackim Ojera.

Advertisements

Mu butumwa bwanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’iyikipe bwavuze ko butangije ubukangurambaga mu bafana batanga umusanzu kugira ngo bibikeho umukinnyi ukomoka mu gihugu cy’Ubugande Joackim Ojera.

Ati: “ ‘UBUTUMWA BUGENEWE ABAFANA’ Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports bwatangije ubukangurambaga bwo gushyigikira ikipe kuri gahunda ya UBURURU BWACU AGACIRO KACU.”

Iy’ikipe yongeye ko intego yayo ariyo kwegukana burundu Joackim.

Kugira ngo iy’ikipe yegukane uyu mukinnyi birasaba ko hatangwa akayabo ka miliyoni 25 y’Amafaranga y’u Rwanda.

Joackim Ojera yageze muri Rayon Sports avuye muri URA yo muri Uganga mu ntangiriro y’umwaka w’2023, aho yagize uruhare rukomeye mu mikino yakiniye iy’ikipe.

Mu buryo bwo gushaka gukomeza ikipe, Rayon sports irifuza kwibikaho uyu mukinnyi w’imyaka 25 w’umugande ukina aca kuruhande afasha abataha izamu mu rwego rwo kwitegura kuzitwara neza mu mikino y’umwaka 2023/2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago