UBUZIMA

Ruhango: Yagiye gutaha ibirori by’umubatizo apfirayo

Umugabo witwa Ishimwe Gerard uri mu kigero cy’imyaka 32 wari wagiye gutaha ibirori by’umubatizo mu Karere ka Ruhango bamusanze mu kagozi yapfuye.

Uyu mugabo yabyutse mu gitondo ku Cyumweru tariki 16 Nyakanga, avuye i Kigali yerekeza mu Karere ka Ruhango gusura abagize umuryango we barimo n’ababyeyi be no gutaha ibyo birori bya batisimu by’umwana wa Mushiki we (Umwishywa we).

Gusa amakuru ntiyaje kuba meza kuko basanze Gaspard amanitse mu kagozi yashizemo umwuka.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Rwoga, mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango.

Aya mahano kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge Kabagari Gasasira Francois Regis wemereye UMUSEKE dukesha iy’inkuru ko bayamenye nabo mu rukerera.

Bwana Regis yagize ati “Twabimenye mu rukerera ko bikekwa ko yapfuye yiyahuye hanyuma tujyayo dusanga nibyo. RIB ijyayo ireba ibyabaye, hakorwa iperereza ry’ibanze.”

Muyandi makuru Gitifu yavuze ko batazi intandaro y’uwo mugabo kwiyambura ubuzima.

Aho yavuze ko ubusanzwe uwo mugabo yaravuye mu Mujyi wa Kigali, abo mu muryango we nabo bagatungurwa no kubona ibyo byabaye.

Uyu mugabo kandi ngo mbere y’uko apfa yari yasize urwandiko avuga ko ‘napfa hatazigara umuntu umuririra’.

Mu nama Gitifu yatanze harimo ko abaturage bajya birinda kujya biyahura ndetse no kujya amakuru ku gihe.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya Gitwe kugirango bikorerwe isuzuma.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago