IMIKINO

Louise Mushikiwabo wari utegerejwe i Kinshasa yisubiyeho

Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF) ntakitabiriye imikino yagombaga kubera muri RDC.

Amakuru yavugaga ko Louise Mushikiwabo hamwe na Perezida w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi bari mu bazafungura ku mugaragaro imikino ya Francophonie.

Gusa Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, wemeje ko Umunyamabanga Mukuru wawo, Louise Mushikiwabo, atazitabira imikino ya Francophonie, izatangira ku wa Gatanu i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bitangajwe nyamara Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC Patrick Muyaya yaramaze iminsi atangaje ko Mushikiwabo nk’umuyobozi mukuru azitabira iy’imikino igomba kumara iminsi 10 ibera mu Mujyi wa Kinshasa.

Amakuru kandi yuko Mushikiwabo atakitabiriye imikino ya Francophonie yanemejwe n’umuvugizi we Oria Vende Weghe wabwiye AFP kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga, ko atakitabiriye.

Impamvu nyamukuru ihari bivugwa ko habanje kubaho inama yahuje impande zombi ku butumire bwagombaga guhabwa Mushikiwabo muri kiriya gihugu cyayakiriye, ubutumire yagomba gushyikirizwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC ariko ntibyagenda neza bityo biba ngombwa ko OIF yohereza undi ugomba kumuhagararira muri ibyo birori bikomeye kugira ngo hirindwe umwuka mubi.

Umwuka mubi uturuka ku kuba RDC ikomeza gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ibintu Kigali yamaganira kure.

Bityo bakabona ko kuba Louise Mushikiwabo yajyayo kandi ibihugu byombi bitabanye neza byatezwa uruntu runtu bigatuma irushanwa rikomeye nka ririya ritagenda neza.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago