IMYIDAGADURO

Winston Duke wamamaye muri filime ya ‘Black Panther’ yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda

Icyamamare muri sinema ku Isi, Winston Duke yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023.

Winston Duke wamamariye muri filime ‘Black Panther’ yamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda hamwe na mushiki we Dr Cindy Duke hamwe n’abandi banyamahanga 23.

Uyu mugabo w’imyaka 36 yaje mu Rwanda mu muhango wo kwita izina abana b’ingagi akaba n’umwe mu bise izina abana b’ingagi mu birori byabaye mu mpera z’icyumweru gishize byari bibaye ku nshuro ya 19.

Ni ibirori byitabiriwe n’ibindi byamamare bitandukanye ku Isi, birimo abakanyujijeho muri ruhago ndetse n’abakinnyi ba filime n’abandi bayobozi bakomeye.

Winston yaje arikumwe n’abandi bakinnyi bahuriye muri filime ya Black Panther yise umwana w’ingagi ‘Intarumikwa’.

Ku munsi wakurikiyeho Winston arikumwe na Danai Gurira bahuriye muri Black Panther baje kwakirwa mu biro bya Perezida Kagame.

Nyuma yaho Duke yaje kugaragaza ko yagiranye ibiganiro byiza n’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, aramushimira ndetse yerekana ko yishimiye n’uburyo u Rwanda rwiyubaka.

Winston Duke yavukiye mu kirwa cya Trinidad & Tobago giherereye mu Majepfo ya Caraibe hagati y’inyanja ya Atlantic y’Amajyaruguru ashyira y’Uburasirazuba bwa Venezuela.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

20 hours ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago