IMIKINO

Panama: Umukinnyi yishwe arashwe

Gilberto Hernández wakiniraga Ikipe y’Igihugu ya Panama yishwe arashwe n’abantu bitwaje intwaro.

Ni ubugizi bwa nabi bwabaye kuri iki cyumweru tariki 3 Nzeri 2023, mu Mujyi wa Colon.

Amakuru avuga ko abantu bataramenyekana bitwaje intwaro, barashe amasasu menshi ku itsinda ry’abantu benshi barimo n’uyu myugariro w’imyaka 26 bari kumwe mu nzu.

BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ku muri icyo gitero hapfiriyemo abantu Barindwi bari kumwe nuyu Hernández wakiniraga Club Atlético Independiente bakomeretse ku buryo bukabije.

Ikomeza ivuga ko iki giteroi kijya kuba, abantu babiri bitwaje intwaro bategetse umushoferi wa taxi kubajyana mu nyubako yarimo abo bantu, bahita batangira kubarasa. Bahise biruka ariko umwe mu bakekwa yahise atabwa muri yombi.

 

Kugeza ubu ntakiratangazwa niba nyakwigendera ari we bashakaga kwicwa cyangwa impamvu yihishe inyuma y’ubu bwicanyi.

Gilberto Hernández yatangiye gukinira Ikipe y’Igihugu ya Panama muri Werurwe 2023 ubwo yakinaga na Guatemala.

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Panama ndetse n’Ikipe ya Gilberto Hernández byihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Uyu mujyi uri ku cyambu giherereye mu Majyaruguru ya Panama, ufatwa nk’inzira ikomeye inyuzwamo cocaine ivanwa muri Amerika y’Epfo ijyanwa ku Mugabane w’u Burayi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago