Umwuzukuru wa mbere w’Umukuru w’igihugu Perezida Kagame, Anaya Abe Ndengeyingoma, akaba imfura ya Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, yatangiye amashuri abanza.
Ni ifoto yashyize hanze kuri uyu wa 12 Nzeri, Ange Kagame, yatangaje ko umukobwa we yatangiye amashuri abanza.
Umwana w’imfura wa Ange Kagame na Ndengeyingoma yagiye kwiga muri Green Hills Academy.
Ange Kagame yagize ati: “Umunsi wa mbere ku ishuri w’umwana wanjye. Igihe kirihuta cyane.”
Mu ntangiriro z’uku kwezi Anaya ari mu bana bakorewe ibirori byo gusoza icyiciro mu irerero Eza-Urugwiro ECD ryo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro.
Anaya Abe Ndengeyingoma aheruka kuzuza imyaka itatu y’amavuko muri Nyakanga 2023. Yavutse tariki 19 Nyakanga 2020.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…