IFOTO Y’UMUNSI: Umwuzukuru wa Perezida yatangiye ishuri

Umwuzukuru wa mbere w’Umukuru w’igihugu Perezida Kagame, Anaya Abe Ndengeyingoma, akaba imfura ya Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma, yatangiye amashuri abanza.

Ni ifoto yashyize hanze kuri uyu wa 12 Nzeri, Ange Kagame, yatangaje ko umukobwa we yatangiye amashuri abanza.

Umwana w’imfura wa Ange Kagame na Ndengeyingoma yagiye kwiga muri Green Hills Academy.

Ange Kagame yagize ati: “Umunsi wa mbere ku ishuri w’umwana wanjye. Igihe kirihuta cyane.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi Anaya ari mu bana bakorewe ibirori byo gusoza icyiciro mu irerero Eza-Urugwiro ECD ryo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro.

Anaya Abe Ndengeyingoma aheruka kuzuza imyaka itatu y’amavuko muri Nyakanga 2023. Yavutse tariki 19 Nyakanga 2020.

Anaya, imfura ya Ange Kagame

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *