IMYIDAGADURO

Umuyobozi wungirije wa RDB yitabiriye ibirori bya Grammy Awards i Los Angeles

Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’iterambere mu Rwanda (RDB), Nelly Mukazayire yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Grammy Awards byabereye i Los Angeles mu cyumweru gishije.

Amakuru avuga ko Nelly uretse kuba yaritabiriye ibyo birori, yanagize umwanya wo kuganira n’abategura itangwa ry’ibyo bihembo biri mu bikomeye ku Isi.

Nelly Mukazayire Umuyobozi wungirije wa RDB mu birori bya Grammy Awards i Los Angeles

N’ibihembo byabereye mu nyubako yakira ibirori bitandukanye ya Crypto.com i Los Angeles muri Amerika, aho byari byahuruje ibyamamare bifite amazina akomeye ku Isi yaba muri filime n’abahanga mu gutunganya umuziki, abashoramari, n’abahanzi.

Umuyobozi wungirije wa RDB Nelly Mukazayire yaje kugira umwanya wo kuganira na Perezida wa Recording Academy isanzwe itegura Grammy Awards, Panos Panay n’abandi bayobozi batandukanye bafite aho bahuriye no guteza imbere inganda ndangamuco muri Afurika.

Perezida wa Recording Academy Panos Panay(ibumoso) Umuyobozi wungirije wa RDB Nelly Mukazayire (hagati) n’uhagaririye ibikorwa bya Record Academy muri Afurika (iburyo)

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X Nelly yahishuye ko mu byo baganiriye harimo ubufatanye hagati y’Afurika na Recording Academy mu buryo bwo guteza imbere abafite impano mu guhanga udushya bityo bikazateza imbere ubukungu muri Afurika muri rusange.

Itangwa ry’ibyo bihembo ryabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru ryasojwe umuhanzikazi w’Umunyafurika y’Epfo Tyla unaherutse gutaramira mu Rwanda ari we rukumbi wegukanye igihembo muri ibi birori, igihembo akesha indirimbo ye ‘Water’ yakunzwe bikomeye. 

Ni mugihe abandi bahanzi bakomeye ku rwego rw’Isi ariko bakomoka ku mugabane w’Afurika barimo Davido, Burna Boy batashye amaramasa.

Burna Boy yataramiye abitabiriye ibirori bya Grammy Awards

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago