RWANDA

Abatega bisi bagiye kujya bishyura amafaranga bitewe naho imodoka ibagejeje

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cya vuba abatega imodoka rusange bazajya bishyura amafaranga bitewe n’aho imodoka ibagejeje, aho kuba aho imodoka yerekeza.

Ibi biri mu rwego rwo korohereza abaturage kutaremererwa n’igiciro cy’ingendo mu gihe izaba yahagaritse nkunganire yatangiraga umugenzi.

Guverinoma yatangaje kuva mu 2020, imaze gutanga miliyari 87,5Frw nka nkunganire ihabwa abaturage ku kiguzi cy’urugendo.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore mu kiganiro yahaye televiziyo y’Igihugu yavuze ko nko mu Ukuboza 2023, leta yatanze miliyari 6Frw nka nkunganire ku bakora ingendo mu modoka rusange.

Umuntu ukoraga urugendo rwa Kigali-Musanze, niba yishyuye 2000Frw, leta ihita imwishyurira 1000Frw.

Minisitiri Dr Jimmy Gasore aha niho avuga ko aribwo barebye bagasanga aho kugira ngo umuturage agire uwo mutwaro, bakwiriye kuwumurinda.

Ati “Nk’umuturage wategaga ava nyabugogo ajya i Remera cyangwa agiye Kanombe, yishyurire rimwe urugendo rwose ugiye ku kinamba yishyure agarukira ku kinamba, ugiye Kacyiru yishyure yahagiye Kacyiru gutyo gutyo kugira ngo wenda uvuye nyabugogo ugiye Kacyiru ntiwishyure nkugiye Kanombe kuko wateze bisi ya Kanombe.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko iyo arimwe muri gahunda Guverinoma yafashe mu rwego rwo gukuraho uwo mutwaro ku banyarwanda, akomeza avuga ko iyo gahunda isabwa ko ikoranabuhanga rinozwa kugira ngo umuntu ajye yishyura bitewe naho ashaka kugarukira.

Ni gahunda avuga ko itagiye kumara igihe ngo itangire ishyirwe mu bikorwa bikaba bishobora kuzafata gusa nk’ibyumweru bibiri biri mbere.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

21 hours ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago