Perezida w’igihugu cya Cote d’Ivoire Alassane Ouattara yahaye agahimbazamusyi gatubutse abakinnyi b’ikipe y’igihugu n’abatoza baheruka kwegukana Igikombe cya Afurika bakiriye.
Kwishimira intsinzi kw’abakinnyi ba Cote d’Ivoire byakomeje kuri uyu wa kabiri nyuma y’aho iki gihugu cyegukanaga igikombe cy’Afurika mu karasisi kari kahuruje imbaga mu mihanda.
Nyuma yaho abakinnyi, abatoza bakiriwe n’umukuru w’igihugu, Alassane Ouattara, mu ngoro ya Perezida.
Inzovu zatwaye igikombe cya Afurika mu 2023, zahawe imidari na Ouattara kandi buri wese mu bagize ikipe yahawe impano y’amafaranga.
Mu cyubahiro cy’igihugu, abayobozi b’ikipe bahawe ipeti rya Komanda, mu gihe abatoza n’abakinnyi bahawe irya Chevalier n’irya ofisiye.
Mu gahambazamusyi kahawe ikipe harimo ko buri mukinnyi wese yahawe ibihumbi 82,000 by’amadolari n’inzu yo kubamo ya $82,000.
Umutoza Emerse Fae we ku giti cye yahawe $164,000.
Cote d’Ivoire yavuye mu matsinda bigoranye, yatwaye igikombe cy’Afurika yakiriye itsinze Nigeria ibitego 2-1.
Agahimbazamusyi kahawe abakinnyi n’ikipe mu mayero:
• €150,000 ku mutoza Emerse Faé• €600,000 ku batoza bose• €76,000 buri mukinnyi kongeraho n’inzu nziza [villa].
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…