Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, Héritier Luvumbu Nziga yamaze kugera mu gihugu avukamo cya RD Congo yakirwa n’intwari.
Luvumbu Nzinga aheruka gutandukana na Rayon Sports bigendanye n’uko yari yahanwe kumara amezi atandatu adakandagira mu kibuga kubera kuvanga siporo na politiki.
Minisitiri Kabulo Mwana Kabulo ushinzwe siporo muri RD Congo yakiriye ndetse agirana ibiganiro na Luvumbu.
Ibi bikomeje kwibazwaho bitewe n’ibyo uyu mukinnyi yakoze hanyuma akakiranwa yombi mu gihugu cye, benshi bakaba batangiye gutekereza ko yaba yari yabitumwe.
Ubusanzwe mu itangazo rimuhagarika mu bikorwa byose bya siporo mu Rwanda ryasohowe na FERWAFA ryanzuye ko Komite yigenga ishinzwe imyitwarire muri FERWAFA, nyuma yo guterana igasuzuma ibyo Luvumbu yakoze bafatiye ibihano bingana n’amezi atandatu uyu mukinnyi atagaragara mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ni igikorwa gihabanye na siporo yakoze ubwo yishimiraga igitego yaratsindiye ikipe ya Rayon Sports bahura na Police Fc mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…