INKURU ZIDASANZWE

Muhanga: Umwana yahiriye mu nzu ubwo ababyeyi bamusize afungiranye bagiye mu kazi

Umwana w’amezi 8 witwa Munezero Bruno yahiriye mu nzu kugeza apfuye mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko ababyeyi be bamusize aryamye bagiye mu kazi.

Umuyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyogwe Niyonzima Gustave, yemeje aya makuru avuga ko iyi nzu yahiriyemo uwo mwana ariko hakaba hataramenyekana icyayitwitse. Ibi byabaye ahagana saa saba na mirongo itanu z’amanywa kuri uyu wa Kabiri.

Niyonzima ati: “Ni byo koko twamenye amakuru y’uko iyi nzu yahiye ndetse hahiramo umwana witwa Munezero Bruno wari wasizwe n’ababyeyi be bagiye mu kazi, ariko ntabwo turamenya icyatwitse iyi nzu turacyahashaka amakuru y’icyatumye ishya.”

Yagiriye inama abaturage ko badakwiye gusiga abana mu nzu kandi bafunze, kuko mu gihe habaye ikibazo gutanga ubutabazi bwihuse bigorana nk’uko iyi nkuru dukesha Imvaho nshya ivuga.

Yavuze kandi ko usize umwana aba agomba kubimenyesha abaturanyi cyangwa akamusigira undi muntu aho gusiga amufungiranye.

Dushimimana Jean Damascene, ari na we se wa nyakwigendera, yavuze ko babyutse bisanzwe ndetse bakajya no mu itsinda babamo ryagombaga gusozwa bakagabana amafaranga.

Nyuma yo gusoza irya mbere bahise batangiza irindi banatanga amafaranga y’ubwizigame, Dushimimana akaba yasigaye agura ikayi no kubara amafaranga bakusanyije mu ishyirahamwe.

Ati: “Twari dufite itsinda tugomba gusoza ndetse tujya gushaka amafaranga kuri banki turaza turayagabana, umwana arasinzira nyina ajya kumuryamisha najye njya mu kazi kuko twari tumaze gusoza itsinda ryacu dutangije n’irindi.”

Yongeyeho ko ahageze yabonye umwotsi wazamutse aratabaza baramutabara bakiza bimwe mu bikoresho byo mu nzu ariko umuriro wari wamaze kwica umwana.

Umwana wímyaka 8 yishwe nínkongi ubwo ababyeyi be bari bagiye mu kazi

Gabriel Uzabakiriho

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago