Muhanga: Umwana yahiriye mu nzu ubwo ababyeyi bamusize afungiranye bagiye mu kazi

Umwana w’amezi 8 witwa Munezero Bruno yahiriye mu nzu kugeza apfuye mu Mudugudu wa Karama, Akagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko ababyeyi be bamusize aryamye bagiye mu kazi.

Umuyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyogwe Niyonzima Gustave, yemeje aya makuru avuga ko iyi nzu yahiriyemo uwo mwana ariko hakaba hataramenyekana icyayitwitse. Ibi byabaye ahagana saa saba na mirongo itanu z’amanywa kuri uyu wa Kabiri.

Niyonzima ati: “Ni byo koko twamenye amakuru y’uko iyi nzu yahiye ndetse hahiramo umwana witwa Munezero Bruno wari wasizwe n’ababyeyi be bagiye mu kazi, ariko ntabwo turamenya icyatwitse iyi nzu turacyahashaka amakuru y’icyatumye ishya.”

Yagiriye inama abaturage ko badakwiye gusiga abana mu nzu kandi bafunze, kuko mu gihe habaye ikibazo gutanga ubutabazi bwihuse bigorana nk’uko iyi nkuru dukesha Imvaho nshya ivuga.

Yavuze kandi ko usize umwana aba agomba kubimenyesha abaturanyi cyangwa akamusigira undi muntu aho gusiga amufungiranye.

Dushimimana Jean Damascene, ari na we se wa nyakwigendera, yavuze ko babyutse bisanzwe ndetse bakajya no mu itsinda babamo ryagombaga gusozwa bakagabana amafaranga.

Nyuma yo gusoza irya mbere bahise batangiza irindi banatanga amafaranga y’ubwizigame, Dushimimana akaba yasigaye agura ikayi no kubara amafaranga bakusanyije mu ishyirahamwe.

Ati: “Twari dufite itsinda tugomba gusoza ndetse tujya gushaka amafaranga kuri banki turaza turayagabana, umwana arasinzira nyina ajya kumuryamisha najye njya mu kazi kuko twari tumaze gusoza itsinda ryacu dutangije n’irindi.”

Yongeyeho ko ahageze yabonye umwotsi wazamutse aratabaza baramutabara bakiza bimwe mu bikoresho byo mu nzu ariko umuriro wari wamaze kwica umwana.

Muhanga: Umwana w'amezi 8 yishwe n'inkongi y'umuriro
Umwana wímyaka 8 yishwe nínkongi ubwo ababyeyi be bari bagiye mu kazi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *