INKURU ZIDASANZWE

Putin yatunguye Isi avuga uwo abona wayobora Amerika hagati ya Biden na Trump

Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya avuga ko yahitamo ko Joe Biden ari we utsinda amatora ateganyijwe muri Amerika mu Ugushyingo aho kuba Donald Trump.

Muri aya magambo akomeje kwibazwaho na benshi, Putin avuga ko Biden ari inararibonye kandi akaba umuntu woroshe kumenya ibyo atekereza.

Putin abona ko Biden ariwe ukwiriye kongera kuyobora Amerika

Mbere y’uko Trump atorwa muri manda ye ya mbere mu 2016, Putin yari yamushimagije nk’umuntu “w’icyitegererezo kandi w’umunyabwenge”.

Mu myaka itari mike, Biden yagiye anegura Putin bikomeye, aho yamwise “umwicanyi”,mbere y’igitero kuri Ukraine.

Ni mugihe nyamara Biden yagiye yinuka inabi Perezida w’Uburusiya Putin

Perezida Putin kandi yagize icyo avuga ku kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru w’Umunyamerika Tucker Carlson, avuga ko kitamunyuze kuko ibibazo bitari biteguye neza.

Mu kiganiro na Televiziyo y’Uburusiya, ejo ku wa gatatu, Putin yavuze ko ubutegetsi bwa Biden bwaba bwiza ku Burusiya kubera ko ari “umuntu w’inararibonye, woroshe kumenya ibyo atekereza, ni umunyaporitike wo mu bihe bya kera”.

Yahakanye ibivugwa ku myaka n’ubuzima bwo mu mutwe bya Biden, aho yavuze ko ubwo babonanaga bwa nyuma mu 2021 i Genève mu Buswisi, nta kintu na kimwe yabonye kidasanzwe.

Ati: “Mbere y’icyo gihe [imyaka itatu ishize] abantu bavugaga ko ntacyo ashoboye, ariko nta kintu nk’iki namubonyemo.

Ni byo, yakomeje kwirebera ku mpapuro ze, ariko mvugishije ukuri na njye nakomeje gukora ibyo. Rero nta na kimwe cyihariye.”

Putin asobanura ko Uburusiya buzakorana n’uwo ari we wese “uzagirirwa icyizere n’abanyamerika” agatsinda amatora y’umukuru w’igihugu.

Putin ntabona Trump akwiriye kongera kuyobora Amerika

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago