Minisiteri y’Ubuzima muri Tanzania yatangaje ko abantu 816 bamaze gusangwamo indarwa ya Kolera mu bice 10 by’igihugu.
Ni ibikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 1 Werurwe 2024.
Iryo tangazo rivuga ko kuva ku ya 5 Mutarama kugeza ku ya 8 Gashyantare, Abantu 26 bishwe n’indwara ya Kolera.
Ibice byibasiwe kurusha ibindi ni Dodoma, Kagera, Katavi, Manyara, Mara, Morogoro, Mwanza, Shinyanga, Simiyu na Tabora.
Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko iyi ndwara yanduye yatewe n’imvura nyinshi ikomeje gutuma amazi meza adashobora kuboneka.
Abaturage ngo bagowe no kubona amazi meza yo kunywa no gusukira ibikoresho.
Iyi Minisiteri ivuga ko abashinzwe ubuzima n’inzego z’ibanze bashyize hamwe mu bikorwa byo kwimakaza isuku n’igenzura ndetse no gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’ahari uburwayi.
Mu mwaka ushize wa 2023, Tanzania yibasiwe na kolera dore ko uturere 12 twibasiwe hakandura abantu 927, 27 ikabahitana.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…