Umuturage wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mamba, yageregeje kwiyahura akoresheje grenade iramukomeretsa bikomeye ku maguru no ku maboko, aho ubu arembeye mu bitaro bya Gakoma.
Ni amakuru yamenyekanye ku wa 23 Werurwe 2024, aho uwitwa Harindintwari François w’imyaka 53 bivugwa ko yashatse kwiyahura akoresheje intwaro ya gisirikare yo mu bwoko bwa ’grenade’ iramukomeretsa.
Mu kiganiro yahaye IGIHE dukesha iyi nkuru, Meya w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme yemeje iby’aya makuru avuga ko uyu Harindintwali arembeye mu bitaro bya Gakoma.
Yagize ati “Yiturikirijeho grenade akomereka ku matako no mu ntoki atabarwa atarapfa ajyanwa ku Bitaro bya Gakoma kuvurwa n’abaganga. Hatanzwe amakuru ko bishobora kuba byatewe n’amakimbirane yaterwaga n’uko umugore we w’imyaka 46 yamushinjaga kumuca inyuma”.
Meya Rutaburingoga yakomeje avuga ko uyu mugabo wiyahuye akoresheje grenade, yahoze mu ngabo zatsinzwe, Ex-FAR.
Biravugwa ko uyu mugabo mu gihe yaba yorohewe avuye mu bitaro, yazakurikiranywa n’inzego z’ubutabera akaryozwa icyaha cyo gutunga intwaro ku buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…