RWANDA

Umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Salima yaguze imodoka ikosha

Umusifuzi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi, Mukasanga Salima yatangiye gusarura ku mbuto y’amafaranga yakoreye, aho yibitseho imodoka nshya ya Dongfeng Aeolus HUGE 2024 Hybrid iri mu zihenze kuko ibarirwa n’agaciro k’ibihumbi 36$, ni ukuvuga asaga miliyoni 46 Frw.

Mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter, Ikigo Carcarbaba Ltd gikora ubucuruzi bw’imodoka za Dongfeng Motor Ltd mu Rwanda cyashimiye Mukansanga ko yaguze iyi modoka ya Dongfeng HUGE Hybrid.

Nkuko amakuru yatangajwe kuri urwo rubuga ni uko Mukansanga yaguze iyi modoka ku wa Kane, tariki ya 25 Werurwe 2024, aho igiciro cyayo ari ibihumbi 36$ (asaga miliyoni 46 Frw).

Salima Mukansanga ashyikirizwa imodoka ye

Dongfeng Aeolus HUGE 2024 Hybrid ikoresha amashanyarazi na lisansi, inywa litiro 55 kugira ngo yuzure, ndetse ifite ubushobozi bwo gutwara abantu batanu. Yihariye kandi kuba idasohora umwuka muri shampoma.

Ku myaka 35, Mukansanga Salima yasifuye amarushanwa atandukanye arimo Igikombe cy’Isi cy’Abagabo cyabereye muri Qatar mu 2022 ndetse n’Igikombe cya Afurika cyabereye muri Cameroun mu ntangiriro z’uwo mwaka.

Yasifuye kandi Igikombe cy’Isi cy’Abagore inshuro ebyiri, mu 2019 na 2023, ndetse n’Imikino Olempike yabereye i Tokyo mu Buyapani mu 2021.

Ibi byose bimugira Umusifuzikazi w’Umunyarwanda umaze iminsi ahagaze neza aho aza ku rutonde rw’ababigize umwuga muri Afurika kandi bubashywe kubera ubuhanga yagaragaje, bikaba bimuhesha guhembwa 2000$ ku kwezi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

7 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago