AMATEKA

Perezida wa Czech Petr Pavel yageze i Kigali-AMAFOTO

Perezida wa Repubulika ya Czech Petr Pavel, yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.

Perezida Gen Pavel yakiriwe na Minisitiri Dr Vincent BirutaPerezida wa Repubulika ya Czech Nyakubahwa Petr Pavel, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Indege itwaye Gen Petr Pavel yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Perezida Gen Pavel aje mu Rwanda kwifatanya n’Abanyarwanda n’Isi muri rusange, Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Biteganyijwe ko azagirana ibiganiro na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame nk’uko byemejwe na Perezidansi ya Czech.

Uyu mukuru w’Igihugu azaganira kandi n’abo mu gihugu cye bakorera imirimo itandukanye mu Rwanda.

U Rwanda na Repubulika ya Czech bisanganwe umubano ukomeye dore ko muri Gicurasi ya 2023, Intumwa za Repubulika ya Czech ziyobowe na Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’Umutekano wa Repubulika ya Czech, Vít Rakušan, bagiriye uruzinduko mu Rwanda baganira na Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi bo muri Guverinoma.

Icyo gihe hasinywe amasezerano agamije guteza imbere ishoramari n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano agamije gukuraho gusoresha kabiri abaturage b’ibihugu byombi (Taxation Avoidance Agreement), hanaganiriwe ku bufatanye bw’ibihugu byombi mu rwego rwa gisirikare n’umutekano.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago