Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo ikipe akunda ariyo Arsenal yasezerewe muri ¼ cya UEFA Champions League akiyikunda, yifuriza amahirwe Bayern Munich yayisezereye ikinjira muri ½ cy’irangiza.
Perezida Kagame yabitangarije ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter] nyuma y’umukino wa ¼ wo kwishyura wahuje aya makipe yombi ahuriye ku kuba afitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo.
Igitego cya Joshua Kimmichi ku munota wa 64, cyafashije Bayern Munich gutsinda Arsenal 1-0 mu mukino wo kwishyura, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-2 mu mikino ibiri ya ¼ yabahuje.
Ubwo uyu mukino wari urangiye, Perezida Kagame yagize ati “Nubwo bavuyemo, baracyari ikipe yanjye -#Arsenal. Amahirwe masa – #FCBayernM.!!!”
Mu wundi mukino ukomeye wabaye, Real Madrid yasezereye Man City kuri penaliti 4-3, nyuma y’uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wakinwe iminota 120 kuko ubanza nabwo bari banganyije ibitego 3-3.
Amakipe abiri akina shampiyona y’u Bwongereza ntiyahiriwe n’urugendo rwa ¼ mu mikino ya UEFA Champions League izakinirwa i London mu gihugu cy’Ubwongereza.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…