Perezida Kagame usanzwe ari umukunzi wa Arsenal yasezerewe muri UCL yayihumurije

Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo ikipe akunda ariyo Arsenal yasezerewe muri ¼ cya UEFA Champions League akiyikunda, yifuriza amahirwe Bayern Munich yayisezereye ikinjira muri ½ cy’irangiza.

Perezida Kagame yabitangarije ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter] nyuma y’umukino wa ¼ wo kwishyura wahuje aya makipe yombi ahuriye ku kuba afitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo.

Igitego cya Joshua Kimmichi ku munota wa 64, cyafashije Bayern Munich gutsinda Arsenal 1-0 mu mukino wo kwishyura, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-2 mu mikino ibiri ya ¼ yabahuje.

Ubwo uyu mukino wari urangiye, Perezida Kagame yagize ati “Nubwo bavuyemo, baracyari ikipe yanjye -#Arsenal. Amahirwe masa – #FCBayernM.!!!”

Mu wundi mukino ukomeye wabaye, Real Madrid yasezereye Man City kuri penaliti 4-3, nyuma y’uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wakinwe iminota 120 kuko ubanza nabwo bari banganyije ibitego 3-3.

Amakipe abiri akina shampiyona y’u Bwongereza ntiyahiriwe n’urugendo rwa ¼ mu mikino ya UEFA Champions League izakinirwa i London mu gihugu cy’Ubwongereza.

Arsenal yasezerewe muri UEFA Champions League

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *