IMIKINO

Liverpool FC yabonye umusimbura wa Jurgen Klopp

Ikipe ya Liverpool FC yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Arne Slot warusanzwe ari umutoza Feyenoord kuza gusimbura Jurgen Klopp.

Ni amasezerano yamaze kumvikana ku mpande zombi aho Arne Slot agomba gusimbura Jurgen Klopp ugomba kurangizanya n’uyu mwaka w’imikino.

Amakuru yemeza ko aya masezerano yemejwe akanashyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata, aho ikipe ya Liverpool FC yemeye gutanga akayabo karenga miliyoni 9 z’amapound kugira ngo yegukane uwo mutoza.

Ni amasezerano kandi akubiyemo ko agomba kuzana n’abungiriza be yarasanzwe akorana nabo muri Feyenoord, barimo Sipke Hulshoff, Ruben Peeters hamwe n’ushinzwe kugenzura imikinire Etienne Reijnen.

Jurgen Klopp ubwe yemeje ko umutoza ugiye kumusimbura ari mwiza, kandi ari n’umuntu mwiza muri rusange, ni mugihe uyu mutoza w’Umudage wagiriye ibihe byiza muri Liverpool FC asigaje imikino ine gusa atoza.

Klopp w’imyaka 56 yinjiye muri Liverpool FC mu mwaka 2015, avuye mu ikipe ya Borussia Dortmund, uyu mutoza w’Umudage yagiriye ibihe bidasanzwe muri iy’ikipe yo mu Bwongereza aho yayihesheje ibikombe byinshi agakora n’amateka yo kwegukana igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League) n’igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza mu mwaka 2019.

Arne Slot ni umutoza nawe ukomoka mu gihugu cy’u Budage, akaba afite imyaka 45 y’amavuko kuri ubu akaba yatozaga ikipe ya Feyenoord yo mu Buholandi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago