IMYIDAGADURO

Miss East Africa yasinye amasezerano na Wasafi Media Group iyoborwa na Diamond

Nyuma y’ibiganiro byahuje Jolly Mutesi na Diamond mu minsi ishize, Wasafi Media Group yamaze gusinyana amasezerano y’imikoranire na Miss East Africa, kimwe mu byo bumvikanye ni uko aricyo gitangazamakuru kizajya gitambutsa ibikorwa byose by’iri rushanwa.

Miss Mutesi Jolly yasuye Diamond Platnumz mu biro bye

Ni amasezerano yasinyiwe muri Tanzania kuri uyu wa 28 Nzeri 2021. Ku ruhande rwa Miss East Africa hari umuyobozi mukuru w’iri rushanwa, Rena Callist na Visi Perezida we Jolly Mutesi.

Ku ruhande rwa Wasafi Media Group hari Jamar April ushinzwe Ibikorwa muri Wasafi Media na Nelson Kisanga ushinzwe ibiganiro kuri Wasafi FM.

Basinye aya masezerano mu gihe byitezwe ko abakobwa bahatanira ikamba rya Miss East Africa bazagera muri Tanzania aho rizabera tariki 29 Ukwakira 2021.

Miss East Africa azahembwa imodoka yo mu bwoko bwa Nissan Xtrail 2021 nshyashya ubusanzwe igura ibihumbi 44 by’amadorari ya Amerika, angana na miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda.

Usibye iyi modoka n’ibindi bihembo uzatsinda azegukana, buri kwezi azajya ahembwa 1500$, arenga 1.500.000 Frw.

Igisonga cya mbere kizahembwa 5000$, arenga miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe igisonga cya kabiri kizahabwa 3000$, arenga miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Byitezwe ko ari irushanwa rizitabirwa n’abakobwa bazaba baturutse mu bihugu 16 bya Afurika; Tanzania, Kenya, Uganda, Rwanda, Burundi, Ethiopia, Seychelles, Somalia, Réunion, Djibouti, Mauritius, Eritrea, Sudani y’Epfo, Malawi na Madagascar.

DomaNews

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

24 hours ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

24 hours ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

1 day ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

2 days ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

2 days ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

2 days ago