Abapolisi barindwi n’abasivili batanu bafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu, bakaba bakurikiranyweho kurya ruswa babeshya abantu ko bazabaha impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga.
Ubwo berekakwaga itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ugushyingo 2021 kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu Karere ka Gasabo, ntabwo bemeye ibyaha bakurikiranyweho kuko bavuga ko nta bimenyetso bibashinja beretswe.
Abapolisi bafashwe barimo umwe ufite ipeti rya CIP, batatu bafite ipeti rya IP, umwe ufite ipeti rya AIP hamwe n’abandi babiri bafite ipeti rya Sergeant.
Bafatiwe mu cyuho mu bihe bitandukanye mu turere twa Rubavu, Muhanga, Huye, Nyamagabe na Gasabo, guhera ku itariki 25 kugera ku ya 27 Ukwakira 2021, ubwo muri utwo turere hakorerwagamo ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga.
N’ubwo ariko bahakana ibyo baregwa hari abatangabuhamya babashinja bavuga ko babasabye amafaranga ku buryo hari abatanze ibihumbi 350 n’uwatanze ibihumbi 500 bose bavuga ko bayatswe babwirwa ko badashobora gukora ibizamini ngo batsindire uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, kuko biba bigoye igihe cyose umuntu adatanze amafaranga.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, Mu rugo rw’umugabo witwa…
Nyakubahwa Parezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saoudite aho…
Uruhinja ruherutse gukurwa mu nda ya Nyina wishwe na bombe n'abaganga mu buryo bwatangaje benshi,…
Ubuyobozi bw'igihugu cya Burkina Faso bwahagaritse radiyo BBC n'ijwi ry'Amerika mu gihe cy'ibyumweru bibiri. Amakuru…
Kayigamba Théophane wamenyekanye cyane nk’umunyamakuru w’imikino mu Rwanda mbere yo kwimukira muri Australia mu 2018,…
Ikipe ya Liverpool FC yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Arne Slot warusanzwe ari umutoza…