Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yakuyeho amabwiriza yo gipimwa umuriro ku muntu ugiye kwinjira ahahurira abantu benshi nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
Mu itangazo yanyujije ku ru kuta rwayo rwa Twitter kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022 yagize iti: “Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha Abaturarwanda bose ko ibikorwa byo gupimira umuriro ku marembo y’ahahurira abantu benshi bitagifatwa nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19”.
Gupimwa Umuriro hakoreshejwe akuma kabugenewe byafatwaga nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakiwra ry’icyorezo cya COVID-19, ni bimwe mu byakorerwaga uwifuza kwinjira ahahurira abantu benshi nko; mu masoko, Mu birori, mu nsengero n’ahandi. Ibi bikuweho nyuma y’uko hagiye hushira hafi ukwezi, mu Rwanda hagaragara umubare muto w’abarwayi bashya banduye iki cyorezo.
Minisiteri y’ubuzima ikangurira Abaturage gukomeza kubahiriza andi mabwiriza nko; Gukaraba intoki, kwambara neza agapfukamunwa ndetse ari nako bakomeza kwikingiza inkingo zose n’urushimangira.
Umutoza wa AS Kigali WFC, Ntagisanimana Saida, yafatiwe ibihano byo kumara imikino itatu adatoza kubera…
François Xavier Habonimana, wakoraga umurimo w'ubukangurambaga mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy'u Burundi…
Ushingiye ku byari mu itangazo ry’umuhesha w’inkiko umunyamategeko Vedaste Habimana rihamagarira ababishoboye kugura kuri make…
Umuhanzi mpuzahamanga Justin Bieber aricuza kuba yaremeye kujya mu ndirimbo Essence ya Wizkid, aho ahamya…
Mu gitaramo cyitwa Serengeti Bite Vibes cyabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 27 Mata,…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, Mu rugo rw’umugabo witwa…