INKURU ZIDASANZWE

Ikirangirire mu iteramakofe ku Isi Mike Tyson cyakubitiye umugenzi mu ndege

Mike Tyson wabaye ikirangirire mu mukino w’iteramakofe ku Isi, yakubitiye mu ndege umugenzi bivugwa ko wari umwendereje akamutera icupa ry’amazi.

Umuvugizi wa Tyson yatangaje ko uwo mugenzi ari we washotoye Mike Tyson, akamutera icupa ry’amazi mu gihe undi yari yicaye mu mwanya we.

Amashusho agaragaza iyo mirwano, yashyizwe hanze na TMZ Sports. Yafatiwe mu ndege ya JetBlue i San Francisco. Agaragaza umugabo uri gukubita mugenzi we wari wicaye mu ntebe y’inyuma.

Ntabwo agaragaza mu buryo burambuye uko iyo nkundura yatangiye ndetse n’icupa ry’amazi bivugwa ko Tyson yakubiswe, ntabwo rigaragara.

Ayo mashusho amara amasegonda icumi, yerekana umuntu ushaka kugerageza guhosha iyo mirwano ari kuvuga ngo “hey Mike, Mike.”

Umugabo wakubiswe na Mike Tyson yari yaviriranaga amaraso mu maso (Photo from internet)

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Polisi yatangaje ko yitabajwe kugira ngo ihoshe iyo mirwano yari iri kubera mu ndege ku kibuga cy’i San Francisco.

Babiri bivugwa ko bayigizemo uruhare bafunzwe ndetse umwe yari afite ibikomere. Ntabwo higeze hatangazwa amakuru arambuye y’uko byagenze.

Mike Tyson nyuma yo kurwanira mu Indege yahise afatwa ariko ntibyatangajwe niba yakomeje gufungwa cyangwa yarekuwe (Photo by Phillip Faraone/Getty Images 2021)

DomaNews.rw

Recent Posts

Rwamagana: Yagiye kwimara ipfa asanga nyirirugo akanuye

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, Mu rugo rw’umugabo witwa…

7 hours ago

Perezida Kagame yitabiriye inama ya World Economic Forum i Riyadh

Nyakubahwa Parezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saoudite aho…

8 hours ago

Gaza: Hamenyekanye andi makuru ku ruhinja ruherutse gukurwa mu Nda ya Nyina yishwe na Bombe

Uruhinja ruherutse gukurwa mu nda ya Nyina wishwe na bombe n'abaganga mu buryo bwatangaje benshi,…

12 hours ago

BBC n’ijwi ry’Amerika byahagaritswe muri Burkina Faso

Ubuyobozi bw'igihugu cya Burkina Faso bwahagaritse radiyo BBC n'ijwi ry'Amerika mu gihe cy'ibyumweru bibiri. Amakuru…

17 hours ago

Kayigamba Théophane wabaye umunyamakuru w’imikino yambitse impeta y’urukundo umukunzi we muri Australia-AMAFOTO

Kayigamba Théophane wamenyekanye cyane nk’umunyamakuru w’imikino mu Rwanda mbere yo kwimukira muri Australia mu 2018,…

19 hours ago

Liverpool FC yabonye umusimbura wa Jurgen Klopp

Ikipe ya Liverpool FC yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Arne Slot warusanzwe ari umutoza…

20 hours ago