MU MAHANGA

Umusirikare ukomeye wishe Che Guevara nawe yapfuye

Gary Prado Salmón wari uyoboye igitero cya gisirikare muri Bolivia mu 1967, cyo kwivuna umwanzi Che Guevara nawe yapfuye.

Icyo igitero cyakozwe mu ibanga n’ingabo za Amerika, cyatsinze abarwanyi bari bayobowe na Che Guevara.

Umwe mu basirikare ba Bolivia yishe Che Guevara hashize umunsi umwe afashwe.

Muri icyo gihe intambara y’ubutita hagati ya Amerika n’Abasoviyeti yari igeze ahakomeye kandi Washington yari itewe impungenge n’imbaraga amahame ya gikomuniste arimo kugira muri Amerika y’Epfo, hamwe n’ibikorwa bya Che Guevara.

Che yari yaravuye muri Cuba, aho yari mu bategetsi bakomeye, nyuma yo kugera ku mpinduramatwara mu 1959, ajya gufasha inyeshyamba zirwana guerrilla ziharanira impinduramatwara mu bindi bihugu.

Yari inshuti ya hafi y’umutegetsi w’umukomuniste wa Cuba, Fidel Castro, ndetse yari intwari y’amahame ya gikomuniste ku isi.

Umuhungu wa Gen Prado avuga ko se yari “umuntu udasanzwe” usize “umurage w’urukundo, ubunyangamugayo, n’ubutwari”.

Mario Terán umusirikare wa Bolivia warashe akica Che Guevara, we yapfuye umwaka ushize.

Che Guevara yiciwe mu gace kitwa La Higuera muri Bolivia, umurambo we ushyingurwa ahantu h’ibanga.

Mu 1997 ibisigazwa by’umurambo we byaravumbuwe, biratabururwa bisubizwa uri Cuba aho ashyinguye kandi afatwa nk’intwari ikomeye.

La Higuera aho yiciwe nyuma hubatswe ishusho nini igaragaza isura ye.

Ku isi, Che afatwa na benshi nk’ikirango cy’ubutwari, kwigomwa, n’impinduramatwara, izina rye n’ishusho ye biri mu bintu byamamaye ku isi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago