MU MAHANGA

Umubyeyi n’abana be babiri basanzwe bapfiriye mu iduka

Polisi yo mu Mujyi wa Lagos mu gihugu cya Nigeria yatangiye gukora iperereza ku rupfu rw’umubyeyi n’abana be babiri basanzwe bapfiriye mu iduka.

Ibi byago byabereye hafi yahitwa PPL, agace ka leta ya Ijagun Okokomaiko. 

Icyakora cyo amakuru avuga ko abishwe batahise bamenyekana imyirondoro yabo. Bivugwa ko imirambo yabo yatahuwe nyuma y’iminsi ibiri bapfuye.

Ni mu gihe bamwe mu baturage bakeka ko nyuma yo kubona umwotsi w’imashini itanga umuriro (generator) ari yo nyirabayazana w’urupfu rw’abo bantu, abandi ariko bakaba bakeka ko ari amarozi.

Umwe mu baturage baturiye ako gace wagize icyo avuga ariko akaba atashatse ko izina rye ritangazwa, ati “Kuwa gatanu umugore yikingiranye mu iduka arikumwe n’abana be imashini itanga umuriro icanye. Kuwa gatandatu umwe mu baturage ngo yanyuze kuri iryo duka abona rifunze kandi iyo mashini icanye. Kuwa mbere bamwe batangiye kugira amakenga n’ubwoba nyuma yuko iduka rimaze igihe rifunze. Nyuma yaho umugabo yaje kwinjira muri iryo duka asanga umurambo w’umugore we n’abana be babiri. Iyi mibiri y’abapfuye ngo yatahuwemo imbere mu iduka hafi y’iyo mashini ya generator.”

Abayobozi b’inzego z’ibanze za Ojo nyuma binjiye bakura imirambo mu iduka.

Umuvugizi w’ubuyobozi bwa polisi y’igihugu, SP Benjamin Hundeyin, yemeje ibyabaye avuga ko byabaye mu cyumweru gishize.

Christian

Recent Posts

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

6 hours ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 hours ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

8 hours ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 day ago

Burundi: Abantu bataramenyekana bateye za Grenade mu Tubari

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…

1 day ago

Harmonize ari kwikomanga mu gatuza nyuma yo guca agahigo ka Diamond Platnumz

Umuhanzi wamamaye muri Tanzania Harmonize ari kwicinya icyara muri nyuma yo aciye agahigo kari gafitwe…

1 day ago