Umunyarwenya ukomeye mu Karere Eric Omondi ukomoka muri Kenya hamwe n’umukunzi we Lynne baritegura kwibaruka imfura yabo.
Aba bombi basangije amakuru babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo zigaragaza ko umugore w’uyu munyarwenya akuriwe.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Eric Omondi yavuze ko byamutwaye imyaka 41 yo gutegereza urubyaro kuri ubu akaba yiteguye gutangira urugendo rwa kibyeyi.
Ati: “Byantwaye imyaka 41 ariko amaherezo Imana impaye umugisha wanjye. Imbuto zo mu rukenyerero nirwanjye. Ndiyumva nka Sara wa Aburahamu wo muri Bibiliya, yategereje ubuzima bwe bwose ku mwana we. Urakoze, mwana wanjye kungira Papa arenzaho emoji z’umutima, Kandi ku Mana ndagushimira ko wadusubije umwana ”.
Lynne nawe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko yishimiye ubutumwa bwinshi yohererejwe kuri telefone n’abantu bakimenya ko yatwise n’ubwo yari yaragerageje kubihisha.
Yanditse agira ati “Telefone yanjye iraturika kubera ubutumwa bugufi nyuma yo gutangaza ko ntwite n’ubwo nari narabishe.”
Bimwe mu byamamare, abahanzi n’abafite aho bahuriye n’imyidagaduro bakurikiranira hafi ibi byamamare byagiye bitanga ibitekerezo byo kwishimira uyu muryango witegura kwibaruka.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…