MU MAHANGA

Umuraperi w’umunyamerika, Post Malone yahishuye ko hashize imyaka ibiri yemerewe urukundo

Umuraperi w’umunyamerika, Post Malone wakunzwe bikomeye mu muziki yahishuye ko hashize imyaka ibiri abonye umukunzi mu gikorwa cyabereye i Las Vegas.

Nk’uko uyu muraperi w’imyaka 28 y’amavuko abitangaza ngo yabanje kwangwa ubwo yatangaga igitekerezo cye gikomeye kubera ko ‘yari yasinze cyane’.

Ibi nibyo yagarutseho mu kiganiro cya Podcast cyatambutse kuwa gatatu, aho ngo ubwa mbere abaza umukunzi we ko yamwemererea kumubera umugore yabanje kwangirwa kubera ko yari yasinze.

Post Malone yahishuye ko amaze imyaka ibiri yemerewe urukundo

Uyu muhanzi yagize ati: “Nari natakaje amafaranga atari make ku meza.”;

“Tuzamutse hejuru kandi nari mvuye aho narindi nari nabaye…,” namubajije nimba yashakana nanjye? narimfite impeta n’ibintu byose. Na we agira ati ‘oya’.”

Uyu muhanzi Austin Richard Post wiyise Post Malone wakoze indirimbo zigakundwa cyane, yahise avuga ko umukunzi we yamuhaye amahirwe ya kabiri yo kubaza ikibazo cye, ibintu bya mushimishije.

Ati “Namubajije nimba nazamubaza ku munsi uzakurikiraho, nawe yaranyemereye mbasha kubyaza amahirwe nari nahawe ku munsi wakurikiye ubwo nari muzima ntanyoye kandi byari byiza rwose.”

Malone gusa yaje kwemeza ko batarakora ubukwe ahubwo kwari ukumugezaho icyifuzo cy’uko bazashakana.

Mu mwaka washize mu kiganiro yagiranye na TMZ yavuze ko ari mu rukundo n’umukobwa ukomoka muri Korea Jamie.

Post Malone yakomeje avuga ku isano afitanye n’umukunzi we, uwo yarasanzwe azi kuva kera ariwe baberanye.

Ati “Nashoboraga kumubwira ko afite umutima ukomeye. Nahoraga nifuza abana n’umuryango mugari. Kandi nashoboye kumubwira ko azaba umubyeyi mwiza rwose. Kandi ameze nka numero ya mbere mu babyeyi bazi gukora akazi.”

Uyu muhanzi kuri uvuga ko amerewe neza yashimiye kandi umukunzi we kuba yaramufashije kurangiza kuba kazizi ku nzoga.

Ati: “Mfite abantu beza cyane bambaye hafi yanjye, kandi nahuye n’umuntu mwiza cyane bituma numva meze nk’umuntu nyawe … Yakijije ubuzima bwanjye, ni ibintu byiza cyane.”

Post Malone ariko, yagaragaje ko bishoboka ko hazabaho kunywa inzoga nyinshi mu bukwe bwe n’ubwo yabihagaritse.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago