Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba ashobora kongera gusura u Rwanda nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa X.
Ku rubuga rwa X rukoreshwa n’ abamushyigikiye rwitwa Muhoozi Kainerugaba Quotes, batangaje ko agiye kugaruka mu rugo rwe rwa kabiri.
Ati “Inkotanyi cyane! Tugiye kugaruka mu rugo rwacu rwa kabiri… u Rwanda rwiza.”
Ntabwo batangaje nyirizina impamvu yo kuza mu Rwanda n’igihe azazira.
Muri Mata 2023 nabwo yaje mu Rwanda ubwo yiteguraga kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 49.
Icyo gihe aza I Kigali yari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bo muri Uganda barimo Norbert Mao, Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi muri Uganda, McDans Kamugira ukora mu Biro bya Perezida muri Uganda nk’umujyanama, Maj Gen (Rtd) Jim K Muhwezi, Mme Lillian Aber na Andrew Mwenda umwe mu nshuti z’u Rwanda, akaba n’umuntu wa hafi wa Gen Muhoozi.
Gen Muhoozi ari mu batumye umubano w’u Rwanda na Uganda wongera kuba ntamacyemwa, nyuma yaho mu 2018 hari ukwishishanya gukomeye hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…