AMATEKA

Killer Man wamamaye muri Sinema Nyarwanda yakoze ubukwe

Niyonshuti Yannick umaze kwamamara muri Sinema Nyarwanda nka Killer Man yasezeranye imbere y’Imana ndetse n’Imbere y’Amageteko n’umugore we Shemsa.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2024 ni bwo aba bombi bahamije isezerano rya bo imbere y’Imana mu Musigiti wo kwa Kadafi icyo Abayisilamu bita ‘Kufunga Ndoa’.

Niyonshuti Yannick (Killer Man) n’umugore we Shemsa bahawe icyemezo gihamya urushako

Nyuma y’uyu muhango ni bwo Killer Man n’umugore we bamaze imyaka 8 babana bagiye gusezerana imbere y’Amategeko mu Murenge wa Nyarugenge.

Uyu muhango ukaba witabiriwe na benshi mu bakinnyi ba Sinema Nyarwanda basanzwe bakorana bya hafi na Killer Man barimo Nyambo, Aisha, Mitsutsu, Dogiteri Nsabi, Soroba n’abandi.

Nyambo basanzwe bakinana yitabiriye ubukwe bwa Killer Man

Biteganyijwe ko indi mihango y’ubukwe izaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Werurwe 2024.

Killer Man na Shemsa basezeranye nyuma y’imyaka umunani bari bamaze babana nk’umugore n’umugabo, babanye kuva 2015, bakaba bafitanye abana babiri b’abahungu.

Killer Man akaba amaze kwandika izina muri Sinema Nyarwanda aho ubu arimo asohora filime yakunzwe y’uruhererekane ya ’My Heart’ itambuka ku muyoboro wa YouTube.

Aisha nawe yitabiriye ubukwe bw’inshuti yabo
Umunyarwenya Mitsutsu nawe yarahari

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago