IMIKINO

Mbappé yasangiye kumeza amwe na Perezida w’Ubufaransa Macron na Emir wa Qatar-AMAFOTO

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Umukinnyi w’umupira w’amaguru Kylian Mbappé yahuye na Emir wa Qatar na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Uyu mukinnyi umaze kuba igihangange abikesha ukuguru kwe, Kylian Mbappé yagiye muri Élysée Palace ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Mbappe ubwo yageraga i Élysée Palace

Uretse kuhahurira na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yahahuriye na Perezida w’ikipe ya PSG, Nasser Al-Khelaifi.

Ku meza y’ibiganiro nta cyakomojweho ku hazaza he muri PSG yamaze kumenyesha ko atazakomeza kuyikinira. Amakuru menshi akaba amwerekeza muri Real Madrid.

Mbappe uzwiho kugirana umubano mwiza na Perezida w’Ubufaransa, yasuhuje Perezida Macron nyuma yo kugera ahabereye ibi birori.

Macron yahise abwira Mbappe ati: “Ugiye kudutera ibibazo byinshi”.

Mbappe asuhuzanya n’umugore wa Perezida w’Ubufaransa Brigitte Marie-Claude Trogneux

Mu bihe byashize, Macron yinjiye mu bibazo by’iyi kipe kuko ari umwe muri bake bemeje Mbappe gusinya amasezerano aheruka muri PSG ubwo yari hafi kwerekeza mu ikipe y’inzozi ze, Real Madrid.

Uyu musore w’imyaka 25, n’umukinnyi w’ingenzi muri PSG, kuko amaze gutsinda ibitego 32 muri uyu mwaka w’imikino ndetse byongeyeho kuba umukinnyi umaze kuyitsindira ibitego byinshi muri rusange.

Hagati aho, amasezerano ye azarangira mu mpera z’uyu mwaka w’imikino ndetse amahirwe menshi nuko azerekeza i Santiago Bernabeu.

Ibitangazamakuru byinshi byatangaje ko yamenyesheje PSG icyemezo yafashe cyo kuyivamo, nyuma y’uyu mwaka w’imikino, kuko Real Madrid iri imbere mu kumusinyisha.

Andi makuru avuga ko Mbappe ubusanzwe byamaze kwemezwa ko yasinye imyaka itanu muri Real Madrid, hakaba hasigaye gusa kubishyira hanze n’iyi kipe ibarizwa i Bwami.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago