INKURU ZIDASANZWE

Igikomangomakazi Catherine yasanzwemo Kanseri ku myaka 42

Igikomangomakazi Catherine cyangwa Kate Middleton, umugore w’Igikomangoma William cy’u Bwongereza, kuri uyu wa 22 Werurwe 2024, yatunguranye ubwo yahishuraga ko afite uburwayi bwa kanseri.

Mu butumwa yashyize hanze, yavuze ko ubu ari guterwa imiti izwi nka Chemotherapy imufasha guhangana na Kanseri yagize nyuma y’uko abazwe.

Yagize ati “Turizera ko muri bubyumve ko twe nk’umuryango dukeneye igihe, umwanya n’ibanga mu gihe nkomeje kwitabwaho. Akazi kanjye buri gihe kanzanira ibyishimo ndetse sinjye uzarota nongeye kugaruka mu gihe nzaba mbashije ariko ubu ngomba kwita ku kubanza gukira neza,”

Kate Middleton, n’umugore w’Igikomangoma William cy’u Bwongereza

Catherine yari amaze igihe atagaragara mu ruhame kuva muri Mutarama ubwo yabagwaga mu nda, abantu bakomeje kwibaza aho aherereye ariko ibwami bagatangaza ko akiri kwitabwaho atazagaragara mu ruhame mbere ya pasika.

Yavuze ko ari ibintu babanje gushaka gukemura bucece nk’umuryango, mu kurinda abana babo, ndetse ko byasabaga ko agomba kubanza gukira neza aho yabazwe kugira ngo atangire “Chemotherapy”, ariko babonye ko igihe cyari kigeze kugira ngo batangaze ukuri.

Ati “Nk’uko nababwiye, meze neza kandi ngenda nkomera uko bwije n’uko bukeye kuko ndikwita ku bintu byinshi bizamfasha gukira vuba mu mutwe, mu mubiri na roho. Kugira William iruhande rwanjye ni isoko yo kugubwa neza kwanjye.” Kate w’imyaka 42, yashyingiranwe n’igikomangoma William cya Wales muri 2011 nyuma yo guhamya umubano wabo ubwo bari basuye Kenya muri 2010.Bombi bafitanye abana batatu.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

6 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

6 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

7 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago