MU MAHANGA

Jeff Bezos yafashe umwanya wa mbere w’abaherwe ku Isi mu masaha 24

Ku wa kane, tariki ya 21 Werurwe, Jeff Bezos washinze Amazon, yafashe umwanya wa mbere w’abatunze agatubutse ku Isi asimbuye kuri uwo mwanya umufaransa Bernard Arnault.

Nk’uko imibare igaragazwa na Bloomberg isanzwe itangaza uko abaherwe ku Isi barutana, igaragaza ko Bezos kuri ubu yicaye kuri uyu mwanya n’umutungo wa miliyari 201 z’amadorali y’Amerika.

Jeff Bezos yicaye ku mwanya wa mbere wabatunze agatubutse ku Isi

Umutungo we wazamutseho miliyari 2 z’amadolari, avuye kuri miliyari 199 z’amadolari mu munsi umwe gusa.

Uru rubuga ruvuga ko Bezos isoko y’ubutunzi ikomoka ku bucuruzi bukoreshwa ikoranabuhanga (e-commerce) n’ibigendanye n’ibikoresho byayo, imbuga zicururizwaho nka ‘Amazon’, ndetse n’ishoramari mu bitangazamakuru no gutsindira isoko ryo kwereka amashusho.

Arnault yavuye ku mwanya wa mbere nyuma y’uko umutungo we ugabanutseho miliyari 3 z’amadolari, aho wavuye kuri miliyari 202 ugera kuri miliyari 199 mu masaha 24 gusa.

Nyuma yo kugabanuka, Arnault, nyiri Louis Vuitton na Moët Hennessy (LVMH), ubu uri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’abantu bakize ku isi. Arnault ni umushoramari washoye imari mu bigendanye no guhanga imyambaro itandukanye ku Isi, aho yamaze gushinga imizi ikaba yambarwa n’ibyamamare bitandukanye mu myenda igera 75 iri ku isoko harimo n’ibigendanye no kwisiga n’imibavu, harimo n’izwi nka Sephora.

Uyu mucuruzi w’Umufaransa kandi yibitseho uruganda rukora imiringa ya Tiffany & Co yaguze imitwaye miliyari 16 z’amadolari y’Amerika mu 2021.

Elon Musk, nyiri uruganda Tesla na X (yahoze ari Twitter), akurikira Umufaransa dore ko ari ku mwanya wa gatatu, aho afite umutungo wa miliyari 189 z’amadolari.

Mark Zuckerberg washinze Facebook abarizwa ku mwanya wa kane n’umutungo ungana na miliyari 179 z’amadolari y’Amerika mu gihe Bill Gates, nyiri Microsoft, yaje ku mwanya wa gatanu n’umutungo ufite agaciro ka miliyari 153 y’amadorali y’Amerika.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago