IMYIDAGADURO

Niyo Bosco yahishuye kubyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo gukizwa

Umuhanzi Niyokwizerwa Bosco wamenyekanye nka “Niyo Bosco” yahishuye ko agiye kujya aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nyuma yo kwakira agakiza.

Niyo Bosco usanzwe umenyerewe mu ndirimbo z’Isi yabitangaje kuri Radio Rwanda mu kiganiro Samedi Détente cyabaye kuri uyu wa gatandatu, aho avuga ko yakiriye agakiza ndetse agiye kujya aririmba indirimbo zo guhimbaza Imana mu gihe abantu bari bamuzi mu ndirimbo zisanzwe z’Isi.

Niyo Bosco ni umwe mu bahanzi bafite ubuhanga mu myandikire y’indirimbo y’abahanzi benshi batandukanye aharimo nizo kuramya yagiye yandikira harimo n’abitwa Vestine na Dorcas igihe bose bari hamwe bagikorana na Murindahabi Irene.

Umuhanzi Niyo Bosco agiye kureka indirimbo z’Isi ayoboke iz’Imana

Niyo Bosco yinjiye mu bandi bahanzi bafashe icyemezo cyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo kwakira agakiza hamwe n’umuhanzi Ngabo Médard uzwi nga Meddy nawe yafashe icyo cyemezo undi muhanzi wavuze ko yakiriye agakiza ni Bulldog ariko we Yavuze ko azatareka kuririrmba ibyo yaririmbaga.

Niyo Bosco ni umuhanzi w’umuhanga mu myandikire y’indirimbo akaba azwiho ubuhanga bw’umurya w’inanga (Guitar), kuva yatangira urugendo rwa muzika 2020, yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi amaze gushyira hanze twavugamo, ‘Urugi’, ‘Ishyano’, ‘Ubigenza Ute’ indirimbo yamugize uwari we, ‘Ibanga’, ‘Ubumuntu’ n’izindi nyinshi cyane.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

7 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago