IMIKINO

Umukinnyi wa Fatima y’Abagore yakubise umusifuzi birangira yambitswe amapingu

Ku munsi w’ejo hashize nibwo hari hakomeje imikino yo kwishyura mu gikombe cya Amahoro aho Gatsibo yari yakiriye Fatima habaye ubushyamirane buri hejuru byarangiye umwe mu bakinnyi bo muri ayo makipe yambitswe amapingu.

Ni umukino wari uwa kabiri ku mpande zombi, aho uwa mbere wari warangiye ikipe ya Fatima yari yaratsinze ibitego 3-0.

Umusifuzi mukuru wayoboye umukino w’igikombe cy’Amahoro mu bagore wahuje Fatima na Gatsibo yakubiswe bikomeye n’umukinnyi w’ikipe ya Fatima witwa Uwiragiye Chantal yisanga yambitswe amapingu.

Uwiragiye Chantal yambitswe amapingu kubera kurwana

Mu minota ya mbere ikipe ya Gatsibo yabonye igitego iza no gutsinda ikindi ku munota wa 52 aho byayisabaga igitego kimwe ngo umukino ugane kuri za penaliti.

Umukino ugeze ku munota wa 87, umusifuzi yagiye guha ikarita itukura umunyezamu wa Fatima kubera gufata umupira yarenze urubuga rw’amahina.

Akigera imbere y’uwo muzamu utarishimiye guhabwa iyo karita, yahise amwadukira amukubita ibipfunsi.

Ibi byakuruye imvururu zajemo abandi bakinnyi n’abayobozi b’aya makipe, aho byasabye Polisi y’igihugu gutabara ariko na yo barayirwanya.

Kubera kurwanya inzego z’umutekano, byatumye Uwiragiye Chantal wa Fatima yambikwa ipingu.

Nyuma y’iminota irindwi y’imvuru umukino waje gukomeza kandi nta yindi karita y’umutuku yatanzwe.

Uwiragiye Chantal wari wambitswe amapingu yaje gufungurwa akomeza umukino, urangira ari ibitego 2-0.

Kurangira gutyo ku uwo mukino, byatumye Fatima ihita ikomeza muri ½ ku bitego 3-2 mu mikino yombi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago